Amatora yo kuzuza muri uku kwezi kwa mbere 2023

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yateguye amatora yo gusimbura Abajyanama batakiri mu myanya mu Turere twa: Burera, gakenke, Rulindo, Huye, Nyamasheke , Rutsiro, Bugesera na Ngoma.

Kwakira kandidatire ni guhera tariki 27 Ukuboza 2022 kugeza kuya 13 Mutarama 2023.

Ushaka gutanga kandidatire ku mwanya w’Ubujyanama ku rwego rw’Akarere agomba kuba :

1° ari Umunyarwanda;

2° afite nibura imyaka makumyabiri n’umwe (21) y’amavuko;

3° adafite imiziro iteganywa n’Itegeko ngenga rigenga amatora

Ibaruwa itanga kandidatire yandikirwa Perezida wa Komisiyo ikubiyemo ibi bikurikira:

1° amazina y’Umukandida;

2° igihe n’aho yavukiye;

3° umurimo akora n’aho aba;

4° umwanya yiyamamariza.

Iherekezwa na :

1° fotokopi y’ikarita ndangamuntu cyangwa ikiyisimbura ,

2° fotokopi y’impamyabumenyi iriho umukono wa Noteri;

3° amafoto abiri (2) magufi y’amabara;

4° icyemezo kigaragaza ko atafunzwe cyangwa yafunzwe, kitarengeje amezi atandatu (6)

ICYITONDERWA : Kandidatire zitangwa mu buryo bw’ikoranabuhanga (online) kuri E-mail ikurikira: info@nec.gov.rw cyangwa zikakirirwa ku biro bya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri ako Karere.