KOMISIYO Y’IGIHUGU Y’AMATORA YATANGIYE KWAKIRA IBYANGOMBWA BY’ABASHAKA KWIYAMAMARIZA UMWANYA W’UBUSENATERI

Kuri uyu wa mbere kuwa 22 Nyakanga 2019 nibwonibwo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora nkuko yari yabimenyesheje abanyarwanda  ko igikorwa cyo kwakira  kandidatire ku bashaka kwiyamamariza umwanya w’Ubusenateri kizatangira,  kikazarangira tariki 09 Kanama 2019.

Bamwe mu bifuza kwiyamamariza kuba Abasenateri batangiye kugeza ibyangombwa byabo ku kicaro cya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.

Ku Isaha y’i saa saba irengaho iminota micye nibwo Dr Ephrem KANYARUKIGA usanzwe ari umwarimu muri Kaminuza  yari ageze ku biro bya Komisiyo y’Igihugu y’amatora . Dr Ephrem KANYARUKIGA umwe mu bashaka kwiyamamariza umwanya wo kuba Senateri yashyikirije ibyangombwa bye Komisiyo y’Igihugu y’amatora.  Dr Ephrem mu byangombwa  yashyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yasobanuriwe na Komiseri  wakiriye ibyangombwa bye NTIBIRINDWA Sued ko haburagamo Ikarita y’Itora  Dr Ephrem avuga ko Ikarita y’Itora ibura kugirango ibyangombwa bye bibe byuzuye ari bwihutire kuyishaka akayishyikiriza Komisiyo y’Igihugu y’Amatora

Komiseri wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NTIBIRINDWA Sued yongeye kwibutsa abanyarwanda ko aya matora y’Abasenateri ara ayabo , n’ubwo atari abaturage bose batora basenateri.

Abatorwa mu Ntara, batorwa n’Inama njyanama z’Uturere tugize iyo Ntara  hiyongereyeho Biro z’Inama Njyanama z’Imirenge, naho abatorerwa muri za Kaminuza n’amashuri makuru, batorwa n’abarimu  cyangwa abashakashatsi bagenzi babo.

Abasenateri bagize Sena y’u Rwanda ni 26, barimo 12 batorwa mu Ntara , Abasenateri umunani (8) bashyirwaho na Perezida wa Repubulika, abasenateri bane (4)  bashyirwaho n’Ihuriro nyunguranabitekerezo  ry’Imitwe  ya politiki yemewe mu Rwanda, abandi basenateri babiri (2) baturuka muri za Kaminuza cyangwa ibigo by’ubushakashatsi, umwe mu bigo bya Leta undi muri byigenga.